<?xml version="1.0" encoding="iso-8859-1"?>
<?xml-stylesheet href="http://aristotle.oneonta.edu/styles/rss.css" type="text/css"?>
<rdf:RDF 
  xmlns:rdf="http://www.w3.org/1999/02/22-rdf-syntax-ns#" 
  xmlns="http://my.netscape.com/rdf/simple/0.9/"
>

 <channel>
  <title>Reconciliation in Rwanda - Stories of Rescue</title>
  <link>http://aristotle.oneonta.edu/41_reconciliation_in_rwanda-stories_of_rescue</link>
  <description></description>
 </channel>
    <item>
   <title>How a Congolese couple rescued young children.</title>
   <description>How a Congolese couple rescued young children.&lt;br /&gt;&amp;nbsp;&lt;br /&gt;Mu rwego rwo gukunda igihugu na bagituye mugihe u Rwanda rwari mu bihe bibi&amp;nbsp; by&amp;#700;ubwicanyi bwa jenoside ubwo abari abahutu bicaga abatutsi hari bamwe bashoboye guhisha abaturanyi babo bahigwaga.&lt;br /&gt;Ni muri urwo rwego umwe mu bari abo bashoboye guhisha abahigwaga ni murugwego uwitwaga Mukaneza Adeliana n&amp;#39;umugabo we w&amp;#39;umunyenkongo bari batuye mu murenge wa Gikondo yagaragaje uburyo yabikoze nk&amp;#39;uko bisangwa hari uwo Mukaneza Adeliana ubu afite imyaka 62 y&amp;#700;amavuko, ngo ubwicanyi butangira mu 1994 yari afite umugabo w&amp;#700;umuzayirwa.&lt;br /&gt;Kubera umugabowe utari umunyarwanda bizwi , niyo mpamvu bashoboye kubifatanya n&amp;#700;umutima wa kimuntu bari bafite bityo bashobora gushaka uburyo bahisha bamwe mu baturanyi bahigwaga n&amp;#700;interahamwe.&lt;br /&gt;&amp;nbsp;Ubwo&amp;nbsp; ngo nabo bari bikingiranye mu nzu kubera ubwicanyi bwarimo kuba, ngo babonye abana b&amp;#700;umuturanyi babirukankana kubica bashakisha uko babakiza. Umwana umwe w&amp;#700;umuturanyi yirukanse agana aho bari bihishe, umugabo we akinguye idirishya abona interahamwe imuri nyuma n&amp;#700;umupanga ihita imufata imutwara aho yari yarambitse abana benshi bategereje kwicwa.&lt;br /&gt;&amp;nbsp;&amp;nbsp; Nyuma, abo bana baje gutemwa ariko uwo mwana w&amp;#700;umuturanyi n&amp;#700;abandi bake ntibashoboye gupfa. Ibyo byatumye we n&amp;#700;umugabo we bagenda bafata uwo mwana n&amp;#700;abandi,bahita bafatahamwe inzira bajya gushaka aho bahungira.&lt;br /&gt;&amp;nbsp; &amp;nbsp;&lt;br /&gt;Bageze mu kiyovu, interahamwe zabajije umugabo we impamvu atica umugore we kuko ngo yari umututsi, ariko arokorwa n&amp;#700;uko umugabo we yari yaramushakiye irangamuntu y&amp;#700;abahutu.&lt;br /&gt;&amp;nbsp;&amp;nbsp; Nyuma yo kubahagarika mu kiyovu n&amp;#700;abo bana bari bashatse kurokora, ngo bemerewe gukomeza n&amp;#700;urubyaro rwabo, ariko ngo bageze mu gakinjiro barongera basubizwa inyuma bajyanwa aho bitaga kwa padiri ari naho bavuye basubira imuhira.&lt;br /&gt;&amp;nbsp; &amp;nbsp;&lt;br /&gt;Umugabo we hamwe n&amp;#700;umwana we umwe ariko ngo ntibashoboye kurokora. Umugabo we bahunze yibuka iradiyo yasize mu rugo ashaka gusubirayo.&lt;br /&gt;Umugabo we yaranze asubirayo kuzana iradiyo ye barategereza baraheba yarishwe,naho umwana we w&amp;#700;umuhungu wari wagiye gushaka se na we ngo kugeza ubu ntibazi irengero rye.&lt;br /&gt;Uwo mwana bashoboye kurokora w&amp;#700;umuturanyi ise baramwishe, nyina baramwica atwite, umwana wabo mukuru&amp;nbsp; wari mu mwaka wa kane w&amp;#39;amashuri abanza&amp;nbsp; baramwica na barumunabe babiri (2) bandi barabica babatemaguye.&lt;br /&gt;&amp;nbsp;&amp;nbsp; Mu byo yavuze byatumye batamwica kandi yari umututsikazi, ngo ni uko yari yarashatswe n&amp;#700;umunyamahanga, kandi ngo aho agiye akamufata akaboko n&amp;#700;abana be ariko ngo baramuhigaga.&lt;br /&gt;Ikindi ngo umugabo we yari yaramushakiye irangamuntu y&amp;#700;abahutu kugira ngo atazajya ahura n&amp;#700;ibibazo.&lt;br /&gt;&amp;nbsp;&amp;nbsp;&amp;nbsp;&amp;nbsp; Yashoje avuga ko guhisha abantu byari inshingano zabo interahamwe zari za bamaze kandi n&amp;#700;aho kubahisha hose zihazi kandi zihagera kandi imana niyo yabikoze kuko ntibyari byoroshye nagato.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;&amp;nbsp;&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;ku bijyanye na Gacaca, yavuze ko ari uburyo bwiza bwo kurenganura no gushyira ahagaragara ibyakozwe mu gihe cy&amp;#39;intambara ndetse n&amp;#39;ababikoze bakagaragara abo bihamye bakabihanirwa abo bidahamye bagahanagurwaho ibyaha.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;&amp;nbsp;&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Ibikorwa&amp;nbsp; bya Gacaca bikorwa ngo neza, ariko kandi ngo hariho bamwe bakibihohoterwamo kubera ubuhamya batanga, ariko ngo Leta igakomeza kubishyiramo ingufu ibirwanya ngo bitaba nko mu bihe byashize by&amp;#39;ubwicanyi.</description>
   <link>http://aristotle.oneonta.edu/41_reconciliation_in_rwanda-stories_of_rescue/archive/374_how_a_congolese_couple_rescued_young_children.html</link>
      <pubDate>Fri, 01 Aug 2008 07:41:07 -0400</pubDate>   
  </item>
    <item>
   <title>Jean Claude&#039;s Story (in Kinyarwanda)</title>
   <description>&lt;span style=&quot;font-size: 10pt; font-family: &#039;Courier New&#039;&quot;&gt;&lt;span style=&quot;font-size: x-small&quot;&gt;&lt;p&gt;Nifuje nanjye kubaha ubuhamya bw&amp;rsquo;ibyo nashoboye gukora&lt;br /&gt;mu gihe cy&amp;rsquo;amarorerwa yagwiririye igihugu cyacu muri mata&lt;br /&gt;1994. Icyo gihe nari mfite imyaka 21 nkaba nari mu kiruhuko &lt;br /&gt;cya Pasika, kuko nigaga mu ishuri rya ETO KIBUNGO. Ibihe &lt;br /&gt;byari bimeze nabi kandi natwe mu rugo twari tumaze iminsi &lt;br /&gt;mike dupfushije umubyeyi wacu twari dusigaranye&amp;nbsp; ku buryo &lt;br /&gt;abana hafi ya bose bo mu muryango wacu bari mu rugo baraje &lt;br /&gt;kudusura ngo twifatanye mu kababaro. Kandi hafi ya bose bari&lt;br /&gt;bafite ababyeyi badahuje ubwoko, mbese umubyeyi umwe ari &lt;br /&gt;umuhutu undi ari umututsi. Ku masura rero hafi ya bose basaga &lt;br /&gt;nk&amp;rsquo;abatutsi ukurikije uko babyigishaga mu mashuri.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Nta papa twari tugifite, mbese twese twari&lt;br /&gt;abana, umuhungu mukuru wari uri mo yitwaga jye&lt;br /&gt;abandi ari bato rwose. Ubwo twabaga turi kumwe n&amp;rsquo;abandi&lt;br /&gt;bana bo mu y&amp;rsquo;indi miryango kugeza ubwo indege yahanuwe&lt;br /&gt;kuri 6/4/1994. Ariko twe kubera nta wari wabyitayeho&lt;br /&gt;bwarinze bucya tutazi ibyabaye. Mu gitondo nibwo&lt;br /&gt;umuturanyi yampamagaye arambwira ngo Habyarimana&lt;br /&gt;bamuhanuye mu ndege. Ubwo nahise mbwira abana. Nagiye &lt;br /&gt;kugura amabuye dutangira gukurikira radio. Ndibuka uwo naguriye&lt;br /&gt;amabuye yarambwiye ngo &amp;laquo;&amp;nbsp;yajyane ku buntu n&amp;rsquo;ubundi turicwa.&amp;nbsp;&amp;raquo; &lt;br /&gt;Narayajyanye twumva radio, bahamagariraga abantu kwica abatutsi, &lt;br /&gt;byari biteye agahinda. Hashize nk&amp;rsquo;iminsi ibiri abantu bahise&lt;br /&gt;batangira guhungira kuri biro ya komini yari itwegereye ariyo &lt;br /&gt;Birenga ku buryo twabonyemo inshuti zacu natwe dushaka kugenda &lt;br /&gt;ariko tuba turetse.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ubwo hagati aho hari udutsiko tw&amp;rsquo;abantu twari twatangiye gusahura &lt;br /&gt;no gusenya amazu y&amp;rsquo;abantu bahungaga bagatwara ibyabo byose. &lt;br /&gt;Twari dutuye ku muhanda ku buryo banyuragaho tubareba. Ubwo&lt;br /&gt;hanatangiye ubwicanyi, ariko ubwo jye nanyuzagamo nkajya kuri&lt;br /&gt;komini gusura abana bari inshuti zanjye tukanaganira nkababwira &lt;br /&gt;uko inyuma bimeze. &lt;/p&gt;&lt;p&gt;Nyuma habaye ibintu bibi cyane. Interahamwe zigaba igitero kuri&lt;br /&gt;komini hari ku gicamunsi ndabyibuka nari ndyamye nduhutse &lt;br /&gt;abana barambyutsa ngo interahamwe zirateye bakata ahari&lt;br /&gt;igiturusi muri kilometero ebyiri uvuye kuri komini zijijisha&lt;br /&gt;zisubirayo mu mamodoka&amp;nbsp; mu kanya gato dutangira kumva&lt;br /&gt;amasasu aturika tuti abantu barashize. Nta kindi umuntu yari bukore.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Mu gitondo cya kare nka saa kumi n&amp;rsquo;imwe nibwo numvise&lt;br /&gt;inyuma y&amp;rsquo;urugo umuntu ampamagara ngo &amp;laquo; Claude nkingurira&amp;nbsp;&amp;raquo;, &lt;br /&gt;naciye mu muryango w&amp;rsquo;inyuma njya kureba uwo ariwe nsanga &lt;br /&gt;n&amp;rsquo;undi mwana twari mu kigero kimwe twakundaga no kuba turi &lt;br /&gt;kumwe witwa Mutesa Emmanuel Zozo, ni imvange y&amp;rsquo;umudage &lt;br /&gt;n&amp;rsquo;umunyarwandakazi na we yari ari kuri komini n&amp;rsquo;umuryango &lt;br /&gt;we ariko yashoboye gucika interahamwe iryo joro ryose agera &lt;br /&gt;mu rugo. Kuko nabonaga ibintu bitoroshye naramubwiye nti &lt;br /&gt;injira mu nzu vuba vuba ahita ajyamo. Noneho mu rugo inzu &lt;br /&gt;yari ifite parafo y&amp;rsquo;imikenke ku buryo bitashobokaga ko &lt;br /&gt;ayihagararaho yari bugwe ariko na we yahabaye umusore &lt;br /&gt;agerageza guhagarara ku rukuta rwagabanyaga ibyumba ariko &lt;br /&gt;nyine hejuru muri parafo. Twagize amahirwe ntihagira utubona &lt;br /&gt;mbwira abana ngo ntihagire umuntu n&amp;rsquo;umwe baganirira ko ari &lt;br /&gt;mu rugo, ni jye wamushyiraga ibyo kurya aho muri parafo&lt;br /&gt;nkanamumanurayo kugira ngo ajye hanze gato nijoro.&lt;br /&gt;Wabonaga biteye agahinda kuko hari igihe yamanukaga&lt;br /&gt;ntashobore no kugenda neza kubera kwitunatuna muri&lt;br /&gt;parafo. &lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ubwo nanjye murabyumva byabaye ngombwa ko njya&lt;br /&gt;ntembera nkumva uko hanze hahumeka bamwe bakavuga ngo&lt;br /&gt;yapfiriye kuri komini, ubwo nyine harimo abari basahuye&lt;br /&gt;ibintu by&amp;rsquo;iwabo ndetse n&amp;rsquo;abazaga kuganirira mu rugo yabaga &lt;br /&gt;abumva kuko yari hejuru ya salon. &lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ubwo kandi hari n&amp;rsquo;undi mugabo witwaga Louis twari duturanye&lt;br /&gt;yazanaga umugore we n&amp;rsquo;abana ngo babe bari mu rugo kuko&lt;br /&gt;na bo yari afite ubwoba ko bashobora kubica kuko bari abatutsi &lt;br /&gt;ariko we ari umuhutu. Yari afitanye ibibazo n&amp;rsquo;umwe mu &lt;br /&gt;nterahamwe nyuma numvise ko mu guhunga bose babiciye i &lt;br /&gt;Gisenyi ndetse n&amp;rsquo;uwo mugabo. Muramu we wari minisitiri &lt;br /&gt;yagerageje kumufasha ariko barabishe, harokotse umwe mu &lt;br /&gt;muryango we. Ngarutse ku byo mu rugo ariko uwo mugore&lt;br /&gt;n&amp;rsquo;ubwo yabaga ahari nawe ntawigeze amubwira ko Zozo ari &lt;br /&gt;muri parafo n&amp;rsquo;ibiryo nabimuhaga ari uko umugabo w&amp;rsquo;uwo &lt;br /&gt;mugore aje kubatwara. Ibyo byamaze nk&amp;rsquo;icyumweru. &lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ku manywa kenshi nagendaga nkahaha mu baturage ibyo &lt;br /&gt;kurya nari mfite mu dufaranga duke mukuru wanjye wakoraga &lt;br /&gt;muri Kuruwaruje (Croix-Rouge) yari yampaye bityo nkaza &lt;br /&gt;nijoro nkabwira Zozo uko bimeze. Umunsi umwe ndibuka ko &lt;br /&gt;namumanuye ku manywa nka saa yine ngo yiyuhagire, mbwira &lt;br /&gt;abana ngo baducungire ko nta muntu uza. Atangiye kwitera &lt;br /&gt;amazi twari kumwe mu cyumba interahamwe zahise zitera &lt;br /&gt;mu rugo. Zikiri ku muhanda umwana umwe yahise aza ati &lt;br /&gt;&amp;laquo;&amp;nbsp;baraje&amp;nbsp;&amp;raquo;. Zozo ajya munsi y&amp;rsquo;igitanda nanjye nkuramo &lt;br /&gt;imyenda nk&amp;rsquo;uri kwiyuhagira ako kanya babaza abana ngo &lt;br /&gt;mu nzu ni bande barimo bababwira ko ari jye, nanjye &lt;br /&gt;ndambyumva nkingura idirishya. Imwe muri zo yitwaga &lt;br /&gt;Kinini ndayimenya mpita mvuga nti ni jye urimo kwiyuhagira &lt;br /&gt;areba mu idirishya koko abona nambaye ubusa, aravuga ngo &lt;br /&gt;&amp;laquo;&amp;nbsp;nta barimo twigendere&amp;nbsp;&amp;raquo; bahita bagenda. Ubwo ariko twese &lt;br /&gt;umutima wari wadukutse nta muntu wari ugihumeka kuko iyo &lt;br /&gt;binjira bagasaka munsi y&amp;rsquo;igitanda bakamubona twese&lt;br /&gt;twagombaga guhita twicwa kuko ni ko byari bimeze iyo &lt;br /&gt;bagufatanaga umuntu waramwiyiciraga warangiza na we &lt;br /&gt;bakakwica. Cyane cyane ko natwe nta cyizere twari twifitiye &lt;br /&gt;kuko hari bamwe bifuzaga ko natwe duhunga bakadusahura &lt;br /&gt;cyangwa bakabona impamvu yo kutwica kubera impamvu &lt;br /&gt;navuze nkitangira. Ikindi kandi mu rugo ntibadukundaga &lt;br /&gt;kuko hafi ya twese twigaga mu mashuri yisumbuye abandi &lt;br /&gt;bana bose bo muri karitiye baratsinzwe na byo bigatera &lt;br /&gt;amashyari. Ngarutse gato ubwo zimaze kugenda Zozo &lt;br /&gt;yahise asubira muri parafo aho yari ari, kuva ubwo &lt;br /&gt;ntiyongeye kuvamo kugeza ubwo FPR yageraga i Kibungo. &lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Muri icyo gihe FPR yari hafi, intambara ikomeye &lt;br /&gt;amasasu ari menshi abantu bose banyuraga &lt;br /&gt;imbere yo mu rugo bahunga kugeza ubwo n&amp;rsquo;abaturanyi &lt;br /&gt;bazinze ibintu batubwira ngo tugende jye nkibaza ukuntu &lt;br /&gt;turi busige umuntu muri parafo bikanshobera, abantu &lt;br /&gt;bamaze gusa n&amp;rsquo;abarangira bagenda, naramumanuye muha &lt;br /&gt;ingofero ngo yambare badahita bamumenya dore ko yari &lt;br /&gt;umuzungu duhagarara muri salon amasasu atangiye &lt;br /&gt;kumvikana hafi, abana baragiye nsigarana na we mu nzu &lt;br /&gt;dupanga uko twagenda ariko biranga kuko twabonaga &lt;br /&gt;nasohoka bari buhite bamwica kandi no mu muhanda &lt;br /&gt;harimo bariyeri nyinshi. Na we yarambwiye ati &amp;laquo; genda &lt;br /&gt;urebe uko imbere bimeze &amp;raquo;, nanjye ndasigara hano mu nzu. &lt;br /&gt;Musigira imfunguzo ndagenda ubwo nyine nagerageje &lt;br /&gt;kugaruka biranga kuko abantu benshi bagarukaga hari &lt;br /&gt;abapfaga. Interahamwe zavugaga ko FPR yica, zicaga n&amp;rsquo;&lt;br /&gt;abasubira inyuma ngo zibakeka ko bagiye gusanga FPR. &lt;br /&gt;Ku bw&amp;rsquo;amahirwe ubwo ngo na we FPR yahise inyura aho &lt;br /&gt;ku muhanda aritegereza abona ko atari abasirikare basanzwe &lt;br /&gt;arasohoka arabegera baramufata abasobanurira &lt;br /&gt;ibyamubayeho bahita bamutwara mu gisirikare.Ubu &lt;br /&gt;yakivuyemo yubatse urugo.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Mu guhunga twagize ibibazo kuko abana bagenzi banjye &lt;br /&gt;babitaga abatutsi. Jye nari mfite indangamuntu ya hutu, &lt;br /&gt;nari narahawe n&amp;rsquo;inshuti ariko ntibatwizeraga. Rimwe umwe &lt;br /&gt;mu bo twahunganaga yaradutaye, ibyo byatumye tugira &lt;br /&gt;ibibazo mu nzira kuri za bariyeri. Ubwo twagerageje kugera &lt;br /&gt;ku Kagera ariko interahamwe zanga kutwambutsa, batubaza &lt;br /&gt;&amp;laquo; ababyeyi banyu bari he ? Ubwo barabishe muri abatutsi &lt;br /&gt;Murahunze. &amp;raquo; Umurundi umwe wigeze gukora mu rugo &lt;br /&gt;yaramenye aratuvugira ko turi abahutu ariko banga kubyemera. &lt;br /&gt;Ubwo yiyemeje kutwambutsa wenyine ariko byari bigoranye &lt;br /&gt;kubera ko mu mazi hari huzuyemo imirambo. Twageze i &lt;br /&gt;Burundi ariko twanga kujya mu nkambi kuko na ho hicirwaga &lt;br /&gt;abatutsi. Twakodesheje inzu, nyuma tuza gufata icyemezo cyo &lt;br /&gt;kujya muri Tanzania kubera ko twumvise ko Kuruwaruje &lt;br /&gt;(Croix-Rouge) yakoragamo mukuru wanjye, yari yagezeyo &lt;br /&gt;kuhakorera. Twaramubonye, ubwo twahise tujya mu nkambi. &lt;br /&gt;Nakoreye LWF nkajya nzana impunzi zitahuka mu Rwanda, &lt;br /&gt;nkabonana n&amp;rsquo;inshuti zanjye zari ziri mu gisirikare zikambwira &lt;br /&gt;ko nshobora gutaha nta kibazo. Ubwo twahise dutaha.&lt;/p&gt;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;</description>
   <link>http://aristotle.oneonta.edu/41_reconciliation_in_rwanda-stories_of_rescue/archive/365_jean_claudes_story_in_kinyarwanda.html</link>
      <pubDate>Fri, 09 May 2008 08:24:48 -0400</pubDate>   
  </item>
    <item>
   <title>Utarashatse kwivuga izina yafashije gukiza abatutsi 15</title>
   <description>Nari mfite imyaka makumyabiri n&amp;rsquo;umunani igihe jenoside yatangiraga, nta&lt;br /&gt;mafaranga nari mfite ubwo nahise niyemeza kujya mu rugo i Gitarama. Ndi&lt;br /&gt;mu nzira ngana i Gitarama twabhuye na bariyeri nyinshi, batubaza impamvu&lt;br /&gt;tugiye aho kujya kurwana na FPR, narababeshye ko twari tugiye gushaka&lt;br /&gt;amafaranga kandi ko twari bugaruke. Ndibuka baraduhagaritse kuri&lt;br /&gt;bariyeri ku Kamonyi ngo duhambe abo bari bamaze kwica, mbibonye nabaye&lt;br /&gt;nk&amp;rsquo;urimo kurota kubera ko sinkunda kubona amaraso. Twaje gukomeza ngera&lt;br /&gt;mu rugo, hafi y&amp;rsquo;abantu bose bo mu muryango wanjye bari bahari abandi&lt;br /&gt;baje kudusanga banyuze iya Bugesera bava Kigali.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Hashize iminsi ibiri abatutsi batangiye guhungira mu rugo cyane cyane&lt;br /&gt;abari inshuti z&amp;rsquo;umuryango wacu, bazaga umwe umwe bavuga ko interahamwe&lt;br /&gt;zica ababo. Twarabakiriye duhisha abagera kuri cumi na batanu. Umuryango&lt;br /&gt;wacu wari wubashwe muri ako gace kubera data kandi akaba yari anafite&lt;br /&gt;abana bize. Iyo niyo mpamvu bataduteraga kenshi n&amp;rsquo;ubwo hari abavugaga ko&lt;br /&gt;duhishe abatutsi, ibi byatumye batadutera, indi mpamvu ni uko&lt;br /&gt;n&amp;rsquo;interahamwe nyinshi zari zarakoze mu rugo.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Benshi mu bari mu rugo bari inshuti z&amp;rsquo;umuryango, inshuti z&amp;rsquo;inshuti zacu,&lt;br /&gt;ubwo naje kubwirwa n&amp;rsquo;umugabo umwe ko ku rusengero rw&amp;rsquo;abaporoso hari&lt;br /&gt;abantu kandi bicwaga mu matsinda, kandi ko abaharokokeye bari bwicwe na&lt;br /&gt;bo, twagiyeyo mu ma saa sita z&amp;rsquo;ijoro dukwepa bariyeri, turabazana,&lt;br /&gt;tubahisha mu rugo abandi tubashakira aho bihisha mu baturanyi kubera ko&lt;br /&gt;tutashoboraga kubahisha bose. Twarabagaburiga abari ku baturanyi&lt;br /&gt;tukabasura. Iyo interahamwe zazaga twarabimuraga tukabajyana iwacu&lt;br /&gt;cyangwa mu baturanyi bitewe n&amp;rsquo;aho bari busake, ibyo twabikoze mu gihe&lt;br /&gt;kigera ku mezi atatu. Kubera ibintu byarushaga kuba bibi, twacukuye&lt;br /&gt;imyobo dushyiraho ibiti turenzaho igitaka dutegura ubwihisho bw&amp;rsquo;abo&lt;br /&gt;bantu bacu.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Rimwe umukozi wo mu rugo yavuze uko bimeze mu rugo, ntituzi niba&lt;br /&gt;yarabivuze abishaka cyangwa yarabaraga inkuru bisanzwe ariko abandi&lt;br /&gt;bantu muri bo baje kutubwira ko bari budutere. Tumaze kubimenya,&lt;br /&gt;twariteguye ku buryo batamenya ko hari umuntu duhishe, hari ubwo&lt;br /&gt;twanahamagaraga interahamwe ngo zize zisake kugira ngo tuvaneho&lt;br /&gt;urwikekwe ariko ntibatwizeraga bahise bongera batangira kuvuga ngo&lt;br /&gt;interahamwe zo mu gace kacu zatwihoreye ko bazazana interahamwe zo mu&lt;br /&gt;Ruhango n&amp;rsquo;i Gitarama. Barabikoze ariko ntibigeze baza mu rugo sinzi niba&lt;br /&gt;ari uko twari dutuye kure ya kaburimbo.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Imana ishimwe abantu bacu bose bararokotse kugeza ubwo FPR yaziye. Hari&lt;br /&gt;umugabo wari warahungiye i Kabgayi yamenye ko duhishe umugore we ni we&lt;br /&gt;wazanye n&amp;rsquo;inkotanyi. Byari ibohorwa, inkotanyi zaduhaye amabwiriza&lt;br /&gt;zitwereka inzira, zabohoye abandi bari mu myobo no muri za parafo.&lt;br /&gt;Twagiye i Bugesera nyuma tujya i Kigali. Benshi mu bo tuvukana biberaga&lt;br /&gt;i Kigali, twajyaga mu rugo mu mpera z&amp;rsquo;icyumweru. Twakijije abantu cumi&lt;br /&gt;na batanu abo twohereje mu baturanyi ni umunani.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Twakijije abo bantu kubera ko mu muryango wacu tudakunda ibintu&lt;br /&gt;by&amp;rsquo;amacakubiri, nguhaye urugero, iyo abatutsi bahagurutswaga mu ishuri&lt;br /&gt;numvaga ari akarengane. Umuryango wanjye wari ufite inshuti nta vangura,&lt;br /&gt;nta gitekerezo cy&amp;rsquo;amacakubiri nari mfite na gato n&amp;rsquo;umuryango wanjye ni&lt;br /&gt;uko. Niba twaragikoze nk&amp;rsquo;umuryango ni uko twarezwe. Nakundaga kumva&lt;br /&gt;radiyo Muhabura na RTLM, numvaga ukuri aho kuri kandi ndi n&amp;rsquo;umukirisitu&lt;br /&gt;sinkunda no kubona inyamaswa yicwa ibaze rero kubona ikiremwamuntu&lt;br /&gt;cyicwa, bibi kurusha rero jye nica umuntu.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Kuri Gacaca, ndayizera, ni inzira izatugeza ku kuri. Guverinoma&lt;br /&gt;irababarira ibyaha, ndashaka kureba ejo hazaza, muri make ni byiza ariko&lt;br /&gt;haracyari byinshi byo gukorwa. Ijambo ubwiyunge riragoye urabona abantu&lt;br /&gt;barafungurwa bakongera bagakora bya byaha nyine, ukibaza ese koko&lt;br /&gt;bakwiye imbabazi ?! Abarokotse baracyababara, mu muryango munyarwanda&lt;br /&gt;hari abantu babiri abashaka kubana neza n&amp;rsquo;intagondwa. Ndumva ubwiyunge&lt;br /&gt;bugenda neza iyo abantu bari mu mashyirahamwe.&lt;br /&gt;</description>
   <link>http://aristotle.oneonta.edu/41_reconciliation_in_rwanda-stories_of_rescue/archive/359_utarashatse_kwivuga_izina_yafashije_gukiza_abatutsi_15.html</link>
      <pubDate>Mon, 03 Mar 2008 11:35:13 -0500</pubDate>   
  </item>
    <item>
   <title>Bizimungu Mubarak</title>
   <description>Nitwa Bizimungu Mubarak nkaba nzwi ku izina rya Rukushu. Jenoside&lt;br /&gt;yatangiye ndi ku Kicukiro aho nari ntuye. Byari nijoro ubwo natangiye&lt;br /&gt;kumva amasasu ariko sinigeze nsohoka kugeza kare mu museke ubwo&lt;br /&gt;natangiye kurunguruka mu idirishya. Iwanjye habaga umusore witwa Sharile&lt;br /&gt;bakundaga kwita Mututsi, namubajije ibirimo kuba hanze ambwira ko&lt;br /&gt;atabizi ko na we arimo kumva amasasu akabona imodoka za gisirikare&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Iruhande y&amp;rsquo;iwanjye hari kiyosike ubwo nishe urugi ninjyiramo kugira ngo&lt;br /&gt;mpamagare abo mu muryango wanjye numve ko bakiri bazima. Ndi muri iyo&lt;br /&gt;kiyosike nabonye abasirikare bajya ku mugabo witwaga Kanyarwanda no ku&lt;br /&gt;wundi witwaga Inyasi, nari mbazi ko ari abatutsi.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Ako kanya nahise numva amasasu ubwo nibwiye ko barimo kubatera ubwoba&lt;br /&gt;ngo babake amafaranga, sinigeze ntekereza ko babica. Abasirikare bamaze&lt;br /&gt;kugenda nagiye kureba kwa Inyasi ibyabaye. Mana yanjye! Nasanze babishe&lt;br /&gt;amaraso yuzuye hasi, nahise ntaha mpura n&amp;rsquo;umukozi w&amp;rsquo;umukobwa wo kwa&lt;br /&gt;Inyasi ari kumwe n&amp;rsquo;abana batatu atabaza, agerageza kubashakira ubwihisho&lt;br /&gt;mu ngo zo hafi aho ariko ntawamwakiriye ahubwo baramwirukanye.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Aho niho natangiye guhisha abantu, nahise mubwira nti tujyane mu rugo,&lt;br /&gt;hari undi mugabo w&amp;rsquo;umuturanyi witwaga Inosa wari ufite umugore&lt;br /&gt;w&amp;rsquo;umututsikazi, batewe n&amp;rsquo;interahamwe nyuma y&amp;rsquo;aho gato bashaka umugore&lt;br /&gt;we. Bamusabye amafaranga ariko ntayo yarafite yaje iwanjye muguriza&lt;br /&gt;ibihumbi mirongo ine kugira ngo akize umugore we. Zimaze kugenda yaje&lt;br /&gt;iwanjye ansaba kumuhishira umugore kuko yavugaga ko bari bumwice kandi&lt;br /&gt;nta yandi mafaranga yari afite. Naremeye aramuzana, nyuma y&amp;rsquo;aho hari&lt;br /&gt;undi mugore wari ufite resitora nakundaga kujyayo nkanabikayo imodoka&lt;br /&gt;yanjye nijoro. Namubonye ari kumwe n&amp;rsquo;undi mugore n&amp;rsquo;abana batatu mubwira&lt;br /&gt;kugana iwanye kuko bari abatutsi kandi aho baganaga hari bariyeri&lt;br /&gt;y&amp;rsquo;interahamwe urambyumva ibyo zari kubakorera. Ubwenge nakoreshaga ni&lt;br /&gt;uko nagendanaga umupanga, interahamwe zabonaga ko turi kumwe nyine mu&lt;br /&gt;kazi kamwe.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Ndibuka rimwe interahamwe imwe yitwa Damiyani cyangwa Benya yambwiye ngo&lt;br /&gt;hari umuryango umwe wo kwa Jerari usigaye ko bagomba kujya kuwica,&lt;br /&gt;naramubwiye nti uravuga umuryango wa Jerari uriya nawutsembye kera,&lt;br /&gt;narababeshyaga. Ubwo nahise nshaka uburyo bwo kujya kubaburira kuko nari&lt;br /&gt;muzi neza yari inshuti yanjye. Ubwo najyanye na Mututsi nigeze kubabwira&lt;br /&gt;tugeze iwe akimbona n&amp;rsquo;umupanga yarambwiye ati &amp;ldquo;ndabizi uje kunyica ariko&lt;br /&gt;ubigire vuba mpfe vuba&amp;rdquo;. Naramuhumurije mubwira ko ntaje kumwica ko ari&lt;br /&gt;inshuti yanjye ahubwo naje kumufasha, ko agomba kuza vuba tukagenda&lt;br /&gt;batahamusanga. Namuhaye igikoti kirekire tujya iwanjye hari hanini&lt;br /&gt;ibyumba byari byinshi, nyuma nagiye gufata abana n&amp;rsquo;umugore mbajyana&lt;br /&gt;ahantu hatandukanye kugira ngo ntabahisha ahantu hamwe, nabajyanye ku mu&lt;br /&gt;pasiteri witwa Jonata.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Jerari yari mu nzu yanjye namuhaye ibase yo kujya yitumamo kugira ngo&lt;br /&gt;adasohoka, nkajya kumena imyanda nkayigarura. Hari abantu benshi&lt;br /&gt;bageraga no ku ijana, narabagaburiraga ntibyari byoroshye ariko&lt;br /&gt;narabibonaga kubera nakoze muri PAM (Ishami rya Loni rishinzwe ibiribwa)&lt;br /&gt;hari imifuka myinshi y&amp;rsquo;ibiribwa.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Hageze igihe abayobozi batanga imbunda ku bahutu bo muri ako gace,&lt;br /&gt;nanjye barayimpaye sinarinzi kuyikoresha ariko navuze ko mbizi, kubera&lt;br /&gt;ko akazi kanjye kari ako gutwara imodoka zizana ibicuruzwa biva muri&lt;br /&gt;Kenya biza mu Rwanda. Ibi byose nabikoraga kubera ko numvaga ari&lt;br /&gt;imbaraga z&amp;rsquo;Imana zinyobora kandi zimpa ingufu. Ibihe byari bibi kandi&lt;br /&gt;ariko ibihe byageze aho ntagishoboye kwakira abandi bantu iwanjye&lt;br /&gt;ntangira kuberekeza aho FPR yari yafashe kugira ngo barokoke kubera ko&lt;br /&gt;aho FPR yari yafashe hatari kure y&amp;rsquo;aho twari turi ariko nagombaga&lt;br /&gt;gukoresha amayeri kugira ngo abasirikare ba FPR batandasa kubera&lt;br /&gt;narimfite imbunda. Narababwiye ngo bakuremo imyenda yose bagende bambaye&lt;br /&gt;ubusa kandi byaradufashije kubera ko harokotse abantu benshi bagendaga&lt;br /&gt;bakabwira abasirikare ba FPR bakaza kumfasha kubera ko nari mpishe&lt;br /&gt;abantu benshi cyane cyane abatutsi.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Byageze aho interahamwe zankekaga ko mpishe abatutsi, abantu nari mpishe&lt;br /&gt;nabo bararwaraga ariko ntibyari byoroshye kubona imiti. Amahirwe nagize&lt;br /&gt;ni uko iruhande rw&amp;rsquo;iwanjye hari farumasi na kirinike najyagayo nkazana&lt;br /&gt;imiti n&amp;rsquo;ibindi bikoreshwa kwa muganga. Narabikoraga n&amp;rsquo;ubwo ntari muganga&lt;br /&gt;narasomaga nkabyumva nkazanira abarwayi bakanywa.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Kubera ko ndi umuhutu natinyaga FPR kubera ko nibwiraga ko banyica&lt;br /&gt;n&amp;rsquo;ubwo nabashyiraga abantu nari mpishe. Nafashe icyemezo cyo kugana mu&lt;br /&gt;nterahamwe ariko nza kumenya ko bashakaga kunyica kubera bari bamenye ko&lt;br /&gt;mpishe abatutsi nkaba nkorana na FPR. Mu nterahamwe nari mfite inshuti&lt;br /&gt;yaje kumburira ko bari bunyice ariko nari mfite imbunda kandi benshi&lt;br /&gt;barantinyaga kubera nari umusore ufite imbaraga bigaragara. Natangiye&lt;br /&gt;kugira ubwoba kubera ko ubuzima bwanjye bwari mu kaga. Interahamwe&lt;br /&gt;zaraje zinsaba imbunda ngo zijye kuyikoresha, nta kindi nari bukore&lt;br /&gt;narayitanze, icyari gukurikira cyari ukwicwa ariko Imana ishimwe&lt;br /&gt;inkotanyi zahise zitangira kurasa turatatana ubwo naracitse.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Naje kugera mu mugi mbona imodoka y&amp;rsquo;umudamu nakoreraga yarambwiye ngo&lt;br /&gt;tugende ku Gisenyi aho nakundaga kujya kuzana ibirayi. Tugeze ku&lt;br /&gt;Gisenyi, umugabo yarankodesheje ngo ngende i Gitarama nzane umuryango we&lt;br /&gt;ku Gisenyi. Nagiye i Gitarama ako kanya ubwo mbwira umuryango w&amp;rsquo;uwo&lt;br /&gt;mugabo ngo witegure tugende ku Gisenyi ariko iruhande haje abakobwa&lt;br /&gt;b&amp;rsquo;abatutsikazi banyinginga ngo mbafashe kubera ko bari bwicwe nabanje&lt;br /&gt;kujinjinganya, haje umusaza arambwira ati &amp;ldquo;bafashe kuko nubasiga&lt;br /&gt;barabica kandi Imana yakwishimira icyo cyiza&amp;rdquo;, nahise niyemeza kubafasha&lt;br /&gt;ariko umuryango wa wa mugabo nari naje gufata wanze ko mbajyana.&lt;br /&gt;Narawubwiye nti ndabajyana niba mutabishaka muvemo ahubwo ndajyana abo&lt;br /&gt;bakobwa bonyine, bahise babyemera. Tugana ku Gisenyi ariko mu nzira&lt;br /&gt;tugiye kugera mu Ngororero hari ahantu hari bariyeri bari kwica abo&lt;br /&gt;bakobwa babiri. Bwari bwije ubwo nakodesheje inzu icyumweru gahunda yari&lt;br /&gt;iyo gusiga abo bakobwa aho nkagenda ku Gisenyi nkagaruka kubavana aho&lt;br /&gt;ngaho. Maze kugeza wa muryango ku Gisenyi naragarutse mfata ba bakobwa&lt;br /&gt;mbambutsa kuri Goma kubera ko bari bambwiye ko bari bafiteyo&lt;br /&gt;abavandimwe. Mvuye kuri Goma nagiye muri Kenya ngo mbashe gukomeza akazi&lt;br /&gt;kanjye k&amp;rsquo;ubushoferi, mu gihe ninjiraga muri Uganda inkotanyi zaramfashe&lt;br /&gt;kuko zakoreraga n&amp;rsquo;i Bugande&amp;nbsp; banzanye mu Rwanda kuko banketse kugira&lt;br /&gt;uruhare muri jenoside. Narafunzwe bakora iperereza basanga nararokoye&lt;br /&gt;benshi bahita bandekura. Umugore wanjye wari umututsikazi yishwe agana i&lt;br /&gt;Cyangugu abana banjye bo turi kumwe. Nyuma naje gushaka undi mugore.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Gacaca kuri jye no ku bandi banyarwanda ni nziza kandi ifite akamaro&lt;br /&gt;kuko yakemuye ibibazo byinshi abishe bakamenyekana. Jye niyemeje guhamya&lt;br /&gt;ibyo nzi byose kandi nkavuga abakoze amarorerwa bose bakica&lt;br /&gt;inzirakarengane. Ku mutekano wanjye, kenshi nahuye n&amp;rsquo;abantu bakantera&lt;br /&gt;ubwoba kubera ko navuze abavandimwe babo ariko nababwiye ko nta bwoba&lt;br /&gt;kuko ibyo bakoze bitari ibya kimuntu. Nabimenyesheje abayobozi nizera ko&lt;br /&gt;bazaturinda.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Ku bwiyunge ntibyoroshye ariko urebye aho tugeze, Leta yakoze byinshi&lt;br /&gt;ubu abanyarwanda bahugiye mu majyambere y&amp;rsquo;igihugu cyabo ntabwo&lt;br /&gt;batekereza kwihorera.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Bizimungu Mubarak yatangaje ko yarokoye abantu barenga mirongo irindwi&lt;br /&gt;kandi benshi bajya babonana.&lt;br /&gt;</description>
   <link>http://aristotle.oneonta.edu/41_reconciliation_in_rwanda-stories_of_rescue/archive/358_bizimungu_mubarak.html</link>
      <pubDate>Mon, 03 Mar 2008 11:31:08 -0500</pubDate>   
  </item>
    <item>
   <title>Umulisa&#039;s Survival and Her Rescue</title>
   <description>Navukiye i Rubengera ku Kibuye. Jenoside yatangiye turi mu kiruhuko&lt;br /&gt;nagiye gusura inshuti y&amp;rsquo;umuryango i Kigali yitwaga Mariya yari&lt;br /&gt;umuhutukazi w&amp;rsquo;inshuti ya mama. Byatangiye indege ya perezida imaze&lt;br /&gt;guhanurwa nari mpamaze iminsi itatu, ndibuka hari mu gitondo ibintu&lt;br /&gt;byari bitangiye kumera nabi nibwo yambwiye ngo nshake ahandi njya muvire&lt;br /&gt;mu nzu, naratunguwe kubyumva kuko ni we nari naje gusura nta wundi muntu&lt;br /&gt;nari nzi i Kigali uretse we. Sinari nzi n&amp;rsquo;inzira yamvana mu Rugunga&lt;br /&gt;injyana mu Kiyovu. Naramubajije impamvu anyirukanye aransubiza ko ndi&lt;br /&gt;umututsikazi kandi ko abatutsi bahanuye indege ya Habyarimana, ko&lt;br /&gt;ntashoboraga kuguma iwe. Nari namenye ko Habyarimana yahanuwe ariko&lt;br /&gt;numvaga ntaho mpuriye n&amp;rsquo;ibyabaye sijye wari wamwishe.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Mbere y&amp;rsquo;intambara ndibuka najyaga mbaza mama impamvu tudafite sogokuru&lt;br /&gt;mubaza impamvu mu muryango w&amp;rsquo;iwabo nta basaza bahari, igihe cyose&lt;br /&gt;nabimubazaga nabonaga agize agahinda. Maze kugira imyaka cumi n&amp;rsquo;ine&lt;br /&gt;yarambwiye ngo &amp;ldquo;ubu warakuze ngiye kukubwira impamvu ntafite data, muri&lt;br /&gt;1963 abategetsi bakoraga amalisite y&amp;rsquo;abagabo n&amp;rsquo;abahungu b&amp;rsquo;abatutsi&lt;br /&gt;bafite hejuru y&amp;rsquo;imyaka cumi n&amp;rsquo;ine, nibwo sogokuru wawe&amp;nbsp; yajyanywe&lt;br /&gt;akicirwa ahantu tutamenye&amp;rdquo;. Byarangoye kubyumva kuko siniyumvishaga&lt;br /&gt;ukuntu umuntu yicwa kubera gusa kuba umututsi, nakomeje kumubaza icyo&lt;br /&gt;bakoze nyuma y&amp;rsquo;ibyo, ansubiza ko ntacyakozwe kubera ko ari ubutegetsi&lt;br /&gt;bwabikoraga ntaho bari kurega.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Tugarutse muri 1994, nahise nibuka ibyo mama yambwiye ubwo uwo mugore&lt;br /&gt;nari nagiye gusura anyirukaniye anziza kuba umututsi. Nta hantu nari&lt;br /&gt;mfite ho kujya, kuri jye ni nk&amp;rsquo;aho isi yari indangiranye, nkomeza&lt;br /&gt;ndinginga mubaza nti ese ndajya he? Dore nsisa n&amp;rsquo;abatutsi mfite izuru&lt;br /&gt;rinini kandi bavuga ko abatutsi bafite utuzuru tureture kuki utandeka&lt;br /&gt;ngo ngume hano koko? Yaranze akomeza kunyibutsa ko abatutsi bishe&lt;br /&gt;umubyeyi wabo, ko byiza namuvira mu maso vuba. Nasohotse mu nzu ye njya&lt;br /&gt;muri twareti aho nasanze undi mugore wo mu Rugunga wari wihishemo, yari&lt;br /&gt;afite ubwoba ambaza icyo nari nje gukora, namushubije ko ndimo kwihisha,&lt;br /&gt;arongera ati &amp;ldquo;ese ntacyo upfana n&amp;rsquo;uriya mugore, nti ni inshuti ya mama.&lt;br /&gt;Naramubajije nti ese koko baratwica? Yarambwiye ati &amp;ldquo;ndabona turi bwicwe&lt;br /&gt;ahubwo byiza icuze ibyaha byawe kugira ngo uramutse upfuye Imana&lt;br /&gt;ikwakire mu ijuru&amp;rdquo;. Yari afite umwana w&amp;rsquo;umwaka n&amp;rsquo;igice wariraga buri&lt;br /&gt;kanya agatera urusaku.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Narahavuye nsubira kwa Mariya arongera aranyirukana. Hafi y&amp;rsquo;iwe hari&lt;br /&gt;undi mugore w&amp;rsquo;umututsikazi wambwiye ngo ndeke kwitwara nk&amp;rsquo;umwana dushake&lt;br /&gt;ahandi twihisha ariko kubera nta ho yari afite twajya nisubiriye kwa&lt;br /&gt;Mariya. Yagiye guhamagara interahamwe ngo zintware kunyica kubera ko&lt;br /&gt;zari zimaze kwica abantu benshi. Haje uwitwa Billy ariko abonye ari jye&lt;br /&gt;aratinya kubera yakekaga ko mfitanye isano na Mariya. Yarantegetse ngo&lt;br /&gt;tujyane, yari yambaye intwaro umubiri wose n&amp;rsquo;amaraso yuzuye ku myenda&lt;br /&gt;ye. Yarambwiye ngo njyane na we kugira ngo anyereke bagenzi be&lt;br /&gt;batazanyica ariko naramubwiye ngo areke nkarabe aze kugaruka tujyane,&lt;br /&gt;arabyemera. Undi mugore witwa Melania na we wari umututsikazi yarambwiye&lt;br /&gt;ngo karatubanye dushake aho twihisha kuko nagaruka ari butwice. Yari&lt;br /&gt;aziranye n&amp;rsquo;abantu bo muri kariya gace ariko umugore w&amp;rsquo;umuhutukazi&lt;br /&gt;twagiye kureba ngo aduhishe witwa Tereza twasanze adahari, turicara&lt;br /&gt;inyuma y&amp;rsquo;urugi dutegereje ariko dufite ubwoba kubera ko interahamwe zari&lt;br /&gt;kwica abatutsi kandi yari ku manywa. Ikibabaje nasubiye kwa Mariya,&lt;br /&gt;yarambwiye ngo njye kwa Dogiteri Jean ndebe niba bakiriho, nahise njyayo&lt;br /&gt;ako kanya ariko ibyo nasanzeyo Mana sinzi! Byari biranze ukwemera&lt;br /&gt;kwanjye. Bari batemaguye Dogiteri Jean wari umuhutu kubera ko&lt;br /&gt;yageragezaga guhisha umugore we wari umututsikazi, abana n&amp;rsquo;umugore bose&lt;br /&gt;babishe, amaraso atemba mu ruganiriro. Nkiri kwa Dogiteri nakusanyije&lt;br /&gt;amafoto kubera ko hari umwana umwe wari wabashije kubacika, numvaga&lt;br /&gt;nzayamuha nituramuka tubonanye, ibintu byose bari babisahuye. Nasubiye&lt;br /&gt;kwa Mariya mpa amafoto murumuna we mubwira kuyabika neza kubera ko jye&lt;br /&gt;ngiye gupfa, akazayaha wa mukobwa witwa Irene wo kwa Dogiteri.&lt;br /&gt;Yarayafashe tujya mu rutoki turayataba.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Nasubiye kwa Mariya ambwira ngo nshake isuka nicukurire umwobo wo&lt;br /&gt;kwihishamo, naracukuye ariko kubera nta ngufu nari mfite nageze aho&lt;br /&gt;ndahagarika. Mu gihe natekerezaga aho kujya Melania yaragarutse ambwira&lt;br /&gt;ngo dusubire kwa Tereza turebe niba yagarutse. Ariko ibyago twagize&lt;br /&gt;twasanze adahari, numvaga ntishimiye aho hantu kubera numvaga ijwi&lt;br /&gt;rimbwira ko nimpaguma ndibupfe.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Navuye kwa Tereza ngeze mu nzira nahuye n&amp;rsquo;interahamwe zishoreye abatutsi&lt;br /&gt;nanjye banshyiramo turagenda duhura na Melania na we baramufata. Tugeze&lt;br /&gt;aho bagombaga kutwicira badutondekaga bakurikije ibiro umuntu afite, jye&lt;br /&gt;nari hagati kubera ko imbere hari abana bafite imyaka iri hagati y&amp;rsquo;ine&lt;br /&gt;n&amp;rsquo;icumi. Twari abana benshi twariraga, tugasaba imbabazi tuvuga ko&lt;br /&gt;tutazongera kuba abatutsi. Ndibuka umwana umwe yabwiye se ati kuki&lt;br /&gt;utababwira ko tutazongera kuba abatutsi, ariko se ntacyo yamushubije.&lt;br /&gt;Bahise batangira kurasa bahera ku murongo wa mbere, wa kabiri, jye nari&lt;br /&gt;ku wa gatatu ariko kubera ubwoba bwinshi nahise ngwa hasi, imibiri&lt;br /&gt;y&amp;rsquo;abapfuye ikangwa hejuru. Mana yanjye!! Naryame mu maraso kugera saa&lt;br /&gt;cyenda z&amp;rsquo;ijoro. Melania yari yarashwe na we ariko akiri muzima, ubwo&lt;br /&gt;yarahamagaraga &amp;ldquo;Umulisa wapfuye?&amp;rdquo;, naramushubije nti oya, ariko amaraso&lt;br /&gt;yanyuzuyeho mu matwi, amazuru n&amp;rsquo;umunwa, numvaga nanjye bandashe kubera&lt;br /&gt;amaraso yari anyuzuyeho. Twarakambakambye tugera mu gishanga tumesa&lt;br /&gt;imyenda kugira ngo amaraso atuveho. Iteka ryose iyo ntanga ubuhamya&lt;br /&gt;bw&amp;rsquo;ibyambayeho numva ya maraso umubiri wose.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Twaje gusubira kwa Tereza araduhakanira atubwira ko ari bibi kandi&lt;br /&gt;bigoye. Yanze, twagiye mu gashyamba ariko Melania yavaga amaraso,&lt;br /&gt;twarahagumye akanya ariko twari dushonje, dufite n&amp;rsquo;inyota cyane cyane we&lt;br /&gt;kubera ko yavaga amaraso menshi. Melania yavuze ko tugomba kuva aho&lt;br /&gt;hantu tukajya kwa Helena aho yari yasize imyenda. Tuhageze yaratubwiye&lt;br /&gt;ngo ntaho yaduhisha kubera ko umugabo we na we yicaga, yazanye ivarisi&lt;br /&gt;Melania ambwira ngo nihitiremo imyenda inkwiye. Ndibuka nahisemo umwenda&lt;br /&gt;mwiza, buri gihe iyo mbyibutse ndiseka kubera ko binyibutsa ubutesi nari&lt;br /&gt;mfite. Tumaze kubona imyenda myiza twasubiye mu gashyamba ariko Melania&lt;br /&gt;ntiyari abyishimiye kuhaguma igihe kirekire, yarambwiye ati &amp;ldquo;mfite&lt;br /&gt;indangamuntu y&amp;rsquo;abahutu, ngiye kugerageza kugera i Butare&amp;rdquo;. Naramubujije&lt;br /&gt;kubera uko uteye ntawukwemerera kugenda barahita bakwica. Yarahatirije&lt;br /&gt;yiyemeza kugenda, ni nabwo namubonye bwa nyuma, ashobora kuba yaraguye&lt;br /&gt;mu nzira.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Nasigaye jyenyine mu gashyamba, ndibuka imvura yaragwaga kandi nari&lt;br /&gt;nshonje, mfite n&amp;rsquo;inyota, nigiriye inama yo gusubira kwa Helena n&amp;rsquo;ubwo&lt;br /&gt;umugabo we yicaga, mpageze yaratangaye kubona nkiriho angira inama yo&lt;br /&gt;gusubira kwa Mariya nari naje gusura. Nta kindi nari gukora nasubiye kwa&lt;br /&gt;Mariya, na we yaratangaye kubona nkiriho kubera ko abantu benshi bari&lt;br /&gt;barishwe uhereye igihe nahaviriye. Yarambwiye ati &amp;ldquo;ngufitiye igisubizo;&lt;br /&gt;byiza wajya kwa Sibomana ushinzwe gutanga indangamuntu ukamubwira ko&lt;br /&gt;wayitaye kandi ukamwumvisha ko uri umuhutukazi&amp;rdquo;, yaranyoboye ariko mfata&lt;br /&gt;indi nzira.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Ibyago nagize ni uko nahuye na bariyeri iriho interahamwe eshanu,&lt;br /&gt;zimbaza aho navaga n&amp;rsquo;aho najyaga, narabashubije nti ndi uwo kwa Mariya.&lt;br /&gt;Interahamwe imwe yaravuze ngo &amp;ldquo;kuki ubeshya abantu bose bo kwa Mariya&lt;br /&gt;ndabazi ni gute ntakuzi, ubwo uri inyenzi&amp;rdquo;, naramushubije nti ntabwo ndi&lt;br /&gt;inyenzi, arongera ati &amp;ldquo;uri umututsi&amp;rdquo;, ndavuga nti oya rwose. Yahise&lt;br /&gt;ambaza uko nitwa, nanjye ndamusubiza nti nitwa Umulisa, yarasetse cyane&lt;br /&gt;ambwira ngo nta muhutu witwa iryo zina, ni ukuvuga ngo uri umututsikazi.&lt;br /&gt;Yarambwiye ngo &amp;ldquo;byiza bivuge hakiri kare kuko nibigaragara ko uri&lt;br /&gt;kubeshya urahita wicwa ako kanya&amp;rdquo;, antegeka kwicara hasi areba intoki&lt;br /&gt;zanjye n&amp;rsquo;amano arangije ati &amp;ldquo;uri umututsi&amp;rdquo;, nahise nanjye nemera,&lt;br /&gt;banshira ku ruhande hirya ariko muri bo hari umusaza nabonaga asa&lt;br /&gt;n&amp;rsquo;abatutsi ndamureba ngo ndebe ko yantabara ariko ntacyo yakoze.&lt;br /&gt;Interahamwe yitwa Ruzindana yantunze imbunda igiye kunyica undi&lt;br /&gt;aramubwira ngo &amp;lsquo;wikwicira uwo mukobwa aho ataza kutunukira kandi nta&lt;br /&gt;n&amp;rsquo;isuka dufite ngo tumuhambe, byiza mureke hari imodoka yagiye kuzana&lt;br /&gt;abandi batutsi na we arajyamo.&amp;rdquo;&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Hashize umwanya indi nterahamwe yaraje irababaza &amp;ldquo;bite by&amp;rsquo;uyu mukobwa&amp;rdquo;,&lt;br /&gt;barasubiza ngo ndi inyenzi, arongera atarabyemera neza ati &amp;ldquo;koko uyu&lt;br /&gt;mukobwa ni inyenzi?&amp;rdquo; Ruzindana yaramushubije ati &amp;ldquo;ntiwumva ibyo nkubwira&lt;br /&gt;uyu mukobwa ni umututsikazi.&amp;rdquo; Yahise anyegera ambaza aho navaga n&amp;rsquo;izina&lt;br /&gt;ryanjye, namubwiye amazina kandi ndi uwo ku Kibuye ahitwa Rubengera,&lt;br /&gt;Imana yanjye na we niho yakomokaga atangira kumvugisha neza, ambaza niba&lt;br /&gt;nzi umupasiteri witwa Nzabahimana, ndamubwira nti uyo ni pasiteri wanjye&lt;br /&gt;kandi umugore we ni inshuti ya mama, Imana yanjye uwo mugabo yari afite&lt;br /&gt;isano n&amp;rsquo;umugore wa pasiteri. Yasubiye muri bagenzi be abasaba&lt;br /&gt;kumbabarira baremera kuko yarabibumvishije, aragaruka arambwira ngo&lt;br /&gt;bakubabariye. Ako kanya ahita ambaza ngo &amp;ldquo;ugiye kujya he?&amp;rdquo; Naramushubije&lt;br /&gt;nti nari ngiye kwa Sibomana ngo ampe indangamuntu y&amp;rsquo;abahutu, yangiriye&lt;br /&gt;inama yo kutajyayo kubera ko uwo mugabo yicaga abatutsi ahita ambwira&lt;br /&gt;ngo twijyanire ariko sinamwizeye n&amp;rsquo;ubwo yankuye mu bagenzi be nabonaga&lt;br /&gt;ashobora kumfata ku ngufu. Naramubwiye ngo areke nsubire kwa Mariya&lt;br /&gt;mubwire ko nabuze Sibomana ariko muri jye nateguraga kwisubirira mu&lt;br /&gt;gashyamba kuko niho honyine napfaga kubona umutekano.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Nijoro nasubiye kwa Helena arangaburira arambwira ngo ngiye kuguhisha&lt;br /&gt;umunsi umwe ubundi tuzareba ahandi ujya. Yashakaga kumpisha ariko&lt;br /&gt;umugabo we yaricaga kandi ntiyashakaga ko nicirwa iwe. Yaragerageje&lt;br /&gt;gushaka umuntu wampisha ariko hagati aho nsubira mu gashyamba, ubwo niko&lt;br /&gt;nabonaga n&amp;rsquo;abantu bahita, naje kubona Buhiri murumuna wa Tereza agira&lt;br /&gt;ubwoba anyemerera ko ari bubwire Tereza akampisha, nijoro Helena yaraje&lt;br /&gt;kumfata anjyana kwa Tereza. Ubwo bampaye icyumba iruhande rw&amp;rsquo;uruganiriro&lt;br /&gt;ariko interahamwe zaranshakaga kubera ngo zitari zabonye umurambo&lt;br /&gt;wanjye. Nagumye kwa Tereza ibyumweru hafi bitatu nari kumwe n&amp;rsquo;umuhungu&lt;br /&gt;muto witwaga Mishove nafataga nka musaza wanjye. Rimwe yaraje arambwira&lt;br /&gt;ngo &amp;ldquo;ndumva uyu munsi ndibupfe&amp;rdquo;, ndamubaza nti ese ni iki kiguteye&lt;br /&gt;kuvuga ibyo aransubiza ngo arambyiyumvamo. Saa sita z&amp;rsquo;ijoro zigiye&lt;br /&gt;kugera Mishove yarambwiye ngo akumbuye nyina, ngerageza kumubuza kugenda&lt;br /&gt;ariko aranga, yishwe ajya iwabo n&amp;rsquo;umuryango we wose uretse umuhungu umwe&lt;br /&gt;wasimbutse imodoka yabatwaraga kubica. Nabwiye Helena ko Tereza&lt;br /&gt;yantegetse kugenda nkashaka ahandi, yaratangaye anyemerera ko ari&lt;br /&gt;bunshakire undi mugore umpisha, uwo mugore yari yemeye kumpisha, yabaga&lt;br /&gt;mu Biryogo ariko kugerayo cyari ikibazo kubera bariyeri zari zihari.&lt;br /&gt;Helena yaransobanuriye uko nagerayo ariko kubera ubwoba narahabuze,&lt;br /&gt;nageze kuri bariyeri mpasanga umusaza arambwira ngo uri inyenzi,&lt;br /&gt;ndamusubiza nti oya rwose. Yarantegetse ngo nicare ariko kubera ko yari&lt;br /&gt;ashaje nahise niruka mbona ko atashoboraga kunkurikira. Nagiye ku rugo&lt;br /&gt;ruri hafi yo kwa Mama Sania nakirwa n&amp;rsquo;umugabo witwa Emmanuel ambaza aho&lt;br /&gt;nari ngiye, naramubwiye ahita ahandangira. Nagezeyo maze kumusuhuza no&lt;br /&gt;kumubwira izina ryanjye namubwiye ikinzanye ahita ambwira ngo &amp;ldquo;Umulisa&lt;br /&gt;ntabwo nshoboye kuguhisha&amp;rdquo;. Nahise numva ncitse intege mbaza Imana nti&lt;br /&gt;kuki ntapfa ko mbona abantu bantererana, ndasohoka ndira cyane, ahita&lt;br /&gt;ampamagara ati Umulisa ndi umuyisilamu kandi ntinya Imana, nkuretse&lt;br /&gt;ukagenda bakakwica Imana yazabimbaza, ngaho ngwino mu nzu.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Maze kwinjira mu nzu nahasanze abantu benshi twari dusangiye ibibazo,&lt;br /&gt;harimo abasaza n&amp;rsquo;umukobwa wari wahuye n&amp;rsquo;ibibazo bikomeye kuko yari&lt;br /&gt;yahohotewe afatwa ku ngufu ku buryo yavaga amaraso akaba yari yatewe&lt;br /&gt;n&amp;rsquo;izindi ndwara. Numvise anteye agahinda ntangira kumwitaho kubera ko&lt;br /&gt;Mama Sania yagendaga gushaka abantu bari batemaguwe ariko bataranogoka.&lt;br /&gt;Ndibuka rimwe yazanye umugabo witwa Minani wari wakomeretse anshinga&lt;br /&gt;kumwitaho, nkamwoza n&amp;rsquo;amazi ashyushye mu bisebe. Uyu mugabo amaze&lt;br /&gt;kugarura agatege yarambajije icyo mpfana na Mama Sania, mubwira ko ari&lt;br /&gt;umuvandimwe, aravuga ngo &amp;ldquo;ariko ndabona uri umututsi&amp;rdquo;, ndamubaza nti ese&lt;br /&gt;ni kuki ushaka kumenya ubwoko bwanjye? Arambwira ngo ni umuhutu w&amp;rsquo;i&lt;br /&gt;Burundi, mubaza uko yageze mu Rwanda, ansubiza ko yari mu nkambi y&amp;rsquo;i&lt;br /&gt;Bugesera akaba yarakozweho n&amp;rsquo;intambara imaze kuhagera. Nakomeje&lt;br /&gt;kumwitaho nk&amp;rsquo;ibisanzwe ntitaye ku bwoko bwe ariko ubuzima bwe&lt;br /&gt;bwakomezaga kuba nabi, yarambwiye ngo &amp;ldquo;ngiye gupfana icyaha kibi&amp;rdquo;,&lt;br /&gt;ndamubaza nti kuki? Arambwira ati &amp;ldquo;nanga abatutsi&amp;rdquo;, Mana yanjye we!!&lt;br /&gt;Nahise ngira ubwoba ngira impungenge, arambwira ati &amp;ldquo;umbabarire nasanze&lt;br /&gt;narabazizaga ubusa, nigiye kuri wowe none nsabye Imana imbabarire icyo&lt;br /&gt;cyaha cyo kwanga abatutsi&amp;rdquo;, mubwira ko namubabariye, duhana amaboko,&lt;br /&gt;anyemerera ko ansabira Imana ngo inkize.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Icyumweru gishize FPR yahise ifata Kigali, babwira abantu bose ngo bave&lt;br /&gt;mu mazu bajye kuri St Andr&amp;eacute;. Mama Sania yaratubwiye ngo tujye kuri St&lt;br /&gt;Andr&amp;eacute; asigarana na wa mukobwa wari wahohotewe, twagiyeyo tugumayo kugeza&lt;br /&gt;FPR ifashe Kigali, nsubiye ku Kibuye nasanze abanjye barabishe hasigaye&lt;br /&gt;musaza wanjye muto. Mama yari akiriho ariko kubera yari yarakubiswe&lt;br /&gt;cyane, nagerageje kumuvuza biranga, yaje gupfa nyuma gato y&amp;rsquo;intambara.&lt;br /&gt;Nagiye muri oruferina, nzana na musaza wanjye.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Gacaca ni nziza kuko iyo abishe bemeye icyaha bagasaba imbabazi bituma&lt;br /&gt;abarokotse bamenya aho amagufa y&amp;rsquo;ababo bakundaga ari, bakabashyingura mu&lt;br /&gt;cyubahiro. Ariko kandi Gacaca intera kurwara umutwe, cyane cyane iyo&lt;br /&gt;abishe bavuga ibyo bakoze bemye ubona ntacyo bibabwiye, bakanarekurwa&lt;br /&gt;badahanwe. Nanga kujya muri Gacaca kuko iyo ngiyeyo mara icyumweru meze&lt;br /&gt;nabi. Ku bwiyunge bakwiye gushaka irindi jambo bakoresha kubera ko kuri&lt;br /&gt;jye, ubwiyunge bivuga gusangira ibitekerezo, amabanga n&amp;rsquo;ibindi&lt;br /&gt;ukabisangira n&amp;rsquo;umuntu wakwiciye abawe. Jye birankomereye wenda ku muntu&lt;br /&gt;waba agifite abo muryango we, sinshobora kugirana ubumwe cyangwa&lt;br /&gt;kwiyunga n&amp;rsquo;umuntu wanyiciye ababyeyi. Ibi ntibizabaho ni nayo mpamvu&lt;br /&gt;nanze Imana uretse ko naje kuyisaba imbabazi. Impamvu nanze Imana ni uko&lt;br /&gt;umwana wayo atigeze ababazwa nk&amp;rsquo;uko abatutsi babajwe kubera ko yababajwe&lt;br /&gt;iminsi itatu arazuka ariko abatutsi babaye igihe kirekire. Simvuga ko&lt;br /&gt;hagomba kubaho kwihora ku batwiciye imiryango ariko ubwiyunge&lt;br /&gt;ntibisobanutse. Ndasaba Imana ngo abana banjye ntibazahure n&amp;rsquo;ibyo nahuye&lt;br /&gt;na byo kubera ko ni nko kuramukanya na shitani, kubera ko abatutsi bari&lt;br /&gt;bameze nk&amp;rsquo;ihene ukurikije uko bishwe kuva 1959 kugera 1994. Mfite abana&lt;br /&gt;babiri umuhungu w&amp;rsquo;imyaka cumi n&amp;rsquo;umwe n&amp;rsquo;umukobwa w&amp;rsquo;imyaka itanu.&lt;br /&gt;Nishimiye abana banjye, umuhungu wanjye asa n&amp;rsquo;umugabo wanjye nkunda&lt;br /&gt;cyane kuruta byose ku isi.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Nyuma yo kuganira na we mu 2007, hagaragaye ko ubuhamya bwa Umulisa&lt;br /&gt;Odette bwasohohotse mu gitabo cya Aegis 2006 cyitwa We Survived:&lt;br /&gt;Genocide in Rwanda - 28 Personal Testimonies</description>
   <link>http://aristotle.oneonta.edu/41_reconciliation_in_rwanda-stories_of_rescue/archive/356_umulisas_survival_and_her_rescue.html</link>
      <pubDate>Mon, 03 Mar 2008 11:18:35 -0500</pubDate>   
  </item>
    <item>
   <title>Uko Nyangenzi yarokoye Ernest i Kigali</title>
   <description>Nitwa Ernest, muri 1994 nari mfite imyaka 46 kandi nabaga i Byumba,&lt;br /&gt;mfite umugore n&amp;rsquo;abana. Umuryango wa Nyangenzi warandokoye mu gihe cya&lt;br /&gt;jenoside. Ku itariki ya 6 mata 1994, navuye mu rugo nza&amp;nbsp; i Kigali ku&lt;br /&gt;bibazo by&amp;rsquo;akazi nari mfite. Nageze i Kigali ntinze niyemeza kujya&lt;br /&gt;gucumbika kwa Nyangenzi, yari inshuti yanjye ariko cyane cyane inshuti&lt;br /&gt;ya mukuru wanjye. Namusanze ku kazi ambwira ko yihuta ko turi buhurire&lt;br /&gt;mu rugo. Nagiye mu rugo rwe aranyakira nk&amp;rsquo;inshuti koko, turasangira&lt;br /&gt;nyuma njya kuryama aho banteganyirije. Mbere yo kuryama narimo kunywa&lt;br /&gt;itabi nibwo twumvise ikintu giturika, umugore yaje yiruka kumbaza ko&lt;br /&gt;nabyumvise, musubiza ko nabyumvise. Kubera ko yari atuye hafi y&amp;rsquo;ikibuga&lt;br /&gt;cy&amp;rsquo;indege twibwiye ko ari indege iguye kandi koko byari byo. Twumvise&lt;br /&gt;abantu bagendagenda, abandi biruka amasasu menshi yaravugaga,&lt;br /&gt;abasirikari bahise batangira kwica abatutsi no gutwika amazu yabo. Ubwo&lt;br /&gt;twashashe muri koridoro aba ariho turyama twese n&amp;rsquo;abana.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Mu gitondo, twumvise itangazo rya Minisiteri y&amp;rsquo;Ingabo ribuza abantu&lt;br /&gt;gusohoka. Ndibuka icyo gitondo imvura yaragwaga. Haje abasirikare babiri&lt;br /&gt;bakomanga ku rugi ariko Ngangenzi yanze kubakingurira, bamennye&lt;br /&gt;ikirahure cy&amp;rsquo;idirishya batangira kumutuka. Naramubwiye nti kingura mpfe&lt;br /&gt;nk&amp;rsquo;intwari. Baketse ko ari uwahoze ari umukozi wabo wabareze ngo kuko&lt;br /&gt;iwe hazaga abatutsi. Yarafunguye barinjira bari babiri badutegeka&lt;br /&gt;kwicara hasi, batangira gusaka mu nzu, batoteza umugore we kuko ngo&lt;br /&gt;babonaga asa n&amp;rsquo;abatutsi. Umwe muri bo yambajije indangamuntu ndayimuha&lt;br /&gt;arareba, arambwira ati abatutsi akanyu kashobotse murashira kuko mwishe&lt;br /&gt;umubyeyi. Naramushubije nti niba bari bwice abatutsi kubera ihanurwa&lt;br /&gt;ry&amp;rsquo;indege ntacyo nabikoraho. Babwiye Nyangenzi ko bagomba kunjyana&lt;br /&gt;arabinginga abaha n&amp;rsquo;amafaranga. Ariko ntibanyuzwe bakomeza bavuga ko&lt;br /&gt;bari bunjyane, yahise abaha radiyo yari yarakuye mu Bubirigi. Bahise&lt;br /&gt;bagenda ariko basiga bamubwiye ko abandi bazatwicana.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Nyuma y&amp;rsquo;ibyo nafashe icyemezo cyo kugenda nkajya kugwa ku gasozi aho&lt;br /&gt;guteza ibibazo. Nyangenzi yaranyingize. Naramubwiye nti uri umuhutu reka&lt;br /&gt;ngende umuryango wawe wo kubizira, sinashakaga ko umuryango wose ubizira&lt;br /&gt;nashakaga gupfa jyenyine. Narasohotse ndagenda, Nyangenzi yarankurikiye&lt;br /&gt;arambyanga, arambwira ati &amp;ldquo;niba ari ugupfa reka dupfe twese hamwe&amp;rdquo;. &lt;br /&gt;Yaranyinginze anyumvisha uko turi bubigenze, naremeye ndasigara.&lt;br /&gt;Umuturanyi we wari umusirikare yaraje akomanga ku rugi twanga gukingura&lt;br /&gt;nka mbere, ariko yaje kwivuga turamukingurira atubwira ko avuye i&lt;br /&gt;Bugesera aho yakoreraga akaba ashaka kujyhana umugore we ku babyeyi be&lt;br /&gt;kubera ko ari umututsikazi.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Muri icyo gitondo nagiye kwihisha mu igaraji, ariko nimugoroba, yaraje&lt;br /&gt;amvanayo arambwira ati &amp;ldquo;si byiza ko uguma mu igaraji twe turi mu nzu,&lt;br /&gt;nihagira ukomanga uzajya usubirayo ujye kwihisha&amp;rdquo;. Navuye mu igaraji&lt;br /&gt;ndaza turasangira ku meza. Haje kuza itangazo rihamagarira abantu kujya&lt;br /&gt;ku kibuga cy&amp;rsquo;indege kugira ngo babarinde. Yarambwiye ngo nsigare&lt;br /&gt;n&amp;rsquo;umukozi we w&amp;rsquo;umukobwa kubera ko twari dufite indangamuntu yanditsemo&lt;br /&gt;&amp;ldquo;Tutsi&amp;rdquo;. Baragiye turasigara ariko bumaze gucya yaraje avuye ku kibuga&lt;br /&gt;ambwira ko bagiye kuza gusaka mu mazu kubera ko bavugaga ko abatutsi&lt;br /&gt;bose bataricwa. Naramubwiye nti reka njye muri parafo, nahise nurira&lt;br /&gt;nkajya manuka nijoro kuryama.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Nyuma y&amp;rsquo;iminsi itanu, yaraje ambwira ko noneho bagiye kuza gushakira&lt;br /&gt;muri parafo. Hari umwobo wa metero cumi n&amp;rsquo;eshesatu (16) wagenewe twareti&lt;br /&gt;wacukurwaga Naramubwiye nti reka njyemo abanza kumpakanya ariko aza&lt;br /&gt;kohereza abana ngo barebe mu baturanyi ko ntabatubona kugira ngo mbashe&lt;br /&gt;kumanukamo. Yoherejemo ingazi ariko zikaba ngufi, niyemeje kumanuka ampa&lt;br /&gt;matera n&amp;rsquo;uburingiti ndamanuka ngenda numva uko umwuka ugabanuka kugeza&lt;br /&gt;aho ingazi zagarukiraga. Bakoreshaga umugozi kunyohereza amafunguro,&lt;br /&gt;amazi n&amp;rsquo;icyo kwitumamo. Sinabonaga n&amp;rsquo;ubu ijisho ryanjye ntiribona neza.&lt;br /&gt;Nakoreshaga intoki kumenya icyo bohereje. Nahamaze igihe kirenze ukwezi,&lt;br /&gt;narazamukaga nkagera aho ingazi zigarukira kugira ngo ndambure amaguru&lt;br /&gt;mfate n&amp;rsquo;umwuka, nkongera ngasubira hasi. Hari mu bihe by&amp;rsquo;imvura amazi&lt;br /&gt;yaramanukaga akansanga hasi ku buryo nabaga nicaye mu mazi.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Hashize iminsi numvise Nyangenzi akuraho ibyo yatwikiraga ku mwobo,&lt;br /&gt;arahamagara ngo nzamuke ariko imbaraga zari zanshizemo. Narazamutse&lt;br /&gt;ngera aho ingazi zagarukiraga mbura imbaraga pe, ndamubwira nti ndeka&lt;br /&gt;mpfiremo hano. Yanyohereje umugozi wo kwizirika munda arakurura angeza&lt;br /&gt;hejuru, sinabashaga kureba, nasaga n&amp;rsquo;inyamaswa abana be bararize. Maze&lt;br /&gt;gusubira ibuntu yarambwiye ati &amp;ldquo;abantu bose bahunze, abana n&amp;rsquo;umugore&lt;br /&gt;wanjye bagiye kujya iwabo i Butare&amp;rdquo;, yanze kujyana nabo avuga ko byaba&lt;br /&gt;ari ubugwari kunsiga. FPR yari hafi irwana n&amp;rsquo;ingabo za Leta, twasigaye&lt;br /&gt;turi batatu Nyangenzi, umukozi we nanjye.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Twagumye mu nzu twihishe akajya agenda kuri bariyeri kugira ngo babone&lt;br /&gt;ko ari kumwe nabo bataza mu rugo. Kubera ko yararwaye diyabeti&lt;br /&gt;bamubwiraga kuryama ariko ntajye mu rugo. Yatahaga mu gitondo abatuka,&lt;br /&gt;ndibuka rimwe yatahanye inyama bamuhaye azijugunya muri twareti avuga ko&lt;br /&gt;ataziha n&amp;rsquo;imbwa ye kubera ko bari bashimuse inka z&amp;rsquo;abatutsi. Hashize&lt;br /&gt;icyumeru kimwe, yaraje ambwira ko FPR iri hafi ko agomba kugenda&lt;br /&gt;hakagira umwe muri twe urokoka. Yarambwiye ngo uzarokoka azarere undi.&lt;br /&gt;Naramwinginze ngo tujyane aranga kuko yari azi uko hameze, hari za&lt;br /&gt;bariyeri nyinshi kandi barebaga indangamuntu. Naramwumviye, musaba&lt;br /&gt;kutuvomera amazi no gufunga inzugi mbere yo kugenda. Yarafunze ubwo&lt;br /&gt;nibwo bwa nyuma namubonye, ndizera ko ari mu ijuru.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Uwo mukobwa twasigaranye yari umututsikazi ariko utapfa kubimenya&lt;br /&gt;shebuja yasize amubwiye ko nihagira ukomanga ari we uzajya yiyerekana&lt;br /&gt;akavuga ko ari wenyine. Uwo mukobwa yaje kurwara, nta biribwa twari&lt;br /&gt;dufite twanywaga amazi kugeza igihe FPR yaziye ikatubohora. FPR yaraje&lt;br /&gt;yumva mu nzu harimo abantu umukobwa agenda kureba ababwira ko ari&lt;br /&gt;wenyine, barinjira bareba hose bagera aho nari nihishe nanga gukingura&lt;br /&gt;kugeza ubwo naje kubakingurira, baranyibwira nanjye mbabwira ibyanjye&lt;br /&gt;n&amp;rsquo;uwandokoye. Naje kumenya ko Nyangenzi yaguye mu nzira kubera ko yari&lt;br /&gt;anarwaye diyabeti, umuryango we uriho twarabonanye nyuma ya 1994. Uko&lt;br /&gt;niko narokotse nkijijwe n&amp;rsquo;umuryango ntazigera nibagirwa. Mukuru wanjye&lt;br /&gt;wari inshuti magara ya Nyangenzi yaretse inzoga avuga ko inzoga&lt;br /&gt;zaryohaga ari kumwe na Nyangenzi.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Gacaca ni nziza ni ugusaba imbabazi no kubabarira. Ndizera ko ubumwe&lt;br /&gt;n&amp;rsquo;ubwiyunge bushoboka. Ndi umwe mu batangije club y&amp;rsquo;ubumwe n&amp;rsquo;ubwiyunge.&lt;br /&gt;Nigeze kwandikira Komisiyo y&amp;rsquo;Ubumwe n&amp;rsquo;Ubwiyunge ko abicanyi bagomba&lt;br /&gt;gusaba imbabazi, bakabona kubarirwa uko niko tuzagera ku bumwe&lt;br /&gt;n&amp;rsquo;ubwiyunge.</description>
   <link>http://aristotle.oneonta.edu/41_reconciliation_in_rwanda-stories_of_rescue/archive/354_uko_nyangenzi_yarokoye_ernest_i_kigali.html</link>
      <pubDate>Thu, 28 Feb 2008 16:22:38 -0500</pubDate>   
  </item>
    <item>
   <title>Valentine Umuratwa</title>
   <description>&lt;br /&gt;Mon nom est Valentine, je vivais avec ma famille &amp;agrave; Gikondo. C&amp;rsquo;&amp;eacute;tait pendant les vacances, un certain mercredi du mois d&amp;rsquo;avril 1994, j&amp;rsquo;&amp;eacute;tais avec maman et papa lorsque nous avons entendu que l&amp;rsquo;avion du pr&amp;eacute;sident avait &amp;eacute;t&amp;eacute; descendu. Par la suite, on entendait des tirs nourris d&amp;rsquo;armes partout dans la ville de Kigali et on ne pouvait sortir.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Ma s&amp;oelig;ur et mon fr&amp;egrave;re avaient fui en passant par dessus la cl&amp;ocirc;ture. Nous sommes rest&amp;eacute;s moi et maman et avons d&amp;eacute;cid&amp;eacute; de prendre refuge &amp;agrave; la Croix-Rouge. Arriv&amp;eacute;es &amp;agrave; la porte de la Croix-Rouge on nous a emp&amp;ecirc;ch&amp;eacute; d&amp;rsquo;entrer nous sommes rest&amp;eacute;es dehors jusqu&amp;rsquo;au jeudi matin c&amp;rsquo;&amp;eacute;tait le 8 avril je me souviens. Le matin, les gardes pr&amp;eacute;sidentielles et les interahamwes sont venus, ils ont constitu&amp;eacute; des groupes, moi et maman &amp;eacute;tions dans le groupe qui devait &amp;ecirc;tre tu&amp;eacute; par les interahamwes. Ils nous ont align&amp;eacute; et ordonn&amp;eacute; de nous coucher par terre. En nous couchant maman m&amp;rsquo;a dit de me coucher pour qu&amp;rsquo;elle puisse me prot&amp;eacute;ger et mourir avant moi. Ils ont commenc&amp;eacute; &amp;agrave; tirer et &amp;agrave; jeter des grenades, ma m&amp;egrave;re est d&amp;eacute;c&amp;eacute;d&amp;eacute;e sur le champ, je pouvais voir ses intestins et son cr&amp;acirc;ne fracass&amp;eacute; laissait voir le cerveau. &lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Apr&amp;egrave;s les tirs, le sang coulait partout, j&amp;rsquo;&amp;eacute;tais entour&amp;eacute; de corps, j&amp;rsquo;ai ramp&amp;eacute; pour quitter cet endroit et j&amp;rsquo;ai entendu quelqu&amp;rsquo;un me demander &amp;laquo; tu es vivante ? &amp;raquo; et je lui ai r&amp;eacute;pondu : &amp;laquo; je suis vivante, mais ma m&amp;egrave;re a &amp;eacute;t&amp;eacute; tu&amp;eacute;e &amp;raquo;. Ils m&amp;rsquo;ont dit de partir avec eux. C&amp;rsquo;&amp;eacute;tait un pasteur nomm&amp;eacute; Bizimungu et sa femme, ils &amp;eacute;taient hutus. Je leur ai demand&amp;eacute; si nous allions laisser le corps de ma m&amp;egrave;re l&amp;agrave; bas et il m&amp;rsquo;ont r&amp;eacute;pondu que c&amp;rsquo;&amp;eacute;tait fini pour eux qu&amp;rsquo;&amp;agrave; ce moment il fallait partir. Nous sommes partis chez eux avec d&amp;rsquo;autres qui avaient surv&amp;eacute;cu. J&amp;rsquo;ai appris par apr&amp;egrave;s que cette famille a des liens avec le premier pr&amp;eacute;sident apr&amp;egrave;s le g&amp;eacute;nocide.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Chaque matin, je voyais le corps de maman, par apr&amp;egrave;s ils ont br&amp;ucirc;l&amp;eacute; ces corps ce que je pouvais faire c&amp;rsquo;&amp;eacute;tait de couvrir le corps de maman, je l&amp;rsquo;ai couvert de draps, c&amp;rsquo;&amp;eacute;tait le 15 je me souviens. Ils ont commenc&amp;eacute; &amp;agrave; menacer les hutus qui cachait les tutsis et j&amp;rsquo;ai d&amp;eacute;cid&amp;eacute; de prendre fuite, j&amp;rsquo;ai vu un camion qui transportait des za&amp;iuml;rois qui partaient chez eux et je suis parti avec eux. Nous avons pris la direction de Kacyiru et &amp;agrave; la barri&amp;egrave;re les interahamwes nous ont fait descendre. Il y avait parmi eux un interahamwe qui me connaissait, sa s&amp;oelig;ur &amp;eacute;tait une camarade de classe. Les autres lui ont demand&amp;eacute; pourquoi il parlait &amp;agrave; une tutsie, l&amp;rsquo;interahamwe qui me connaissait a menti &amp;laquo; seulement sa m&amp;egrave;re est tutsie, son p&amp;egrave;re est hutu &amp;raquo;. C&amp;rsquo;est ainsi que j&amp;rsquo;ai surv&amp;eacute;cu pour la deuxi&amp;egrave;me fois et ils ne m&amp;rsquo;ont pas pris avec d&amp;rsquo;autres qu&amp;rsquo;ils allaient tuer.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Le m&amp;ecirc;me qui a menti pour me sauver a encore dit aux autres interahamwes : &amp;laquo; cet enfant si elle continue seule son chemin elle va &amp;ecirc;tre tu&amp;eacute;e &amp;raquo;. Ils lui ont dit de m&amp;#39; accompagner, il m&amp;rsquo;a emmen&amp;eacute; l&amp;agrave; o&amp;ugrave; ils prot&amp;eacute;geaient leurs familles. Comme il leur avait dit que j&amp;rsquo;&amp;eacute;tais hutue, je suis rest&amp;eacute;e l&amp;agrave; bas jusqu&amp;#39;&amp;agrave; la prise de la ville de Kigali par les troupes du FPR. Par apr&amp;egrave;s, j&amp;rsquo;ai appris que mon fr&amp;egrave;re &amp;eacute;tait toujours vivant et qu&amp;rsquo;il &amp;eacute;tait &amp;agrave; Goma. &lt;br /&gt;&lt;br /&gt;En ce qui concerne les juridictions Gacaca, une chose positive : les innocents sont rel&amp;acirc;ch&amp;eacute;s.</description>
   <link>http://aristotle.oneonta.edu/41_reconciliation_in_rwanda-stories_of_rescue/archive/340_valentine_umuratwa.html</link>
      <pubDate>Wed, 09 Jan 2008 14:23:06 -0500</pubDate>   
  </item>
    <item>
   <title>Hadj Bazirake Jumaine</title>
   <description>En 1994, sa famille &amp;eacute;tait bien connue &amp;agrave; Gisenyi. Son fr&amp;egrave;re Ngeze Hassan &amp;eacute;tait journaliste et a &amp;eacute;t&amp;eacute; accus&amp;eacute; de crimes au TPIR. Bazirake a cach&amp;eacute; des tutsis dans sa maison et les emmenait &amp;agrave; Goma pendant ces nuits du g&amp;eacute;nocide. Comme son fr&amp;egrave;re avait la r&amp;eacute;putation d&amp;rsquo;&amp;ecirc;tre un hutu extr&amp;eacute;miste, personne ne le suspectait. Jumaine et les autres de sa famille ont utilis&amp;eacute; leur v&amp;eacute;hicule pick-up pour cacher les tutsis. Ils les mettaient dans des f&amp;ucirc;ts faisant croire que c&amp;rsquo;&amp;eacute;tait de l&amp;rsquo;huile, les couvraient de sables laissant un petit trou pour la respiration et les faisaient traverser la fronti&amp;egrave;re vers le Za&amp;iuml;re (Congo actuellement).&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Pourquoi a-t-il fait cela, mettant en danger sa famille ? Tout simplement parce que toutes ces personnes qu&amp;rsquo;il a sauv&amp;eacute;es &amp;eacute;taient des &amp;ecirc;tres humains. Selon Hadj Bazirake, il y a d&amp;rsquo;autres qui ont sauv&amp;eacute; des vies &amp;agrave; Gisenyi, surtout les musulmans mais il ne se souvenait pas de leurs noms.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Gacaca est une bonne solution, nous t&amp;eacute;moignons, ces juridictions sont tr&amp;egrave;s importantes &amp;eacute;tant donn&amp;eacute; le nombre &amp;eacute;lev&amp;eacute; des coupables. Ces juridictions vont nous aider dans le processus d&amp;rsquo;unit&amp;eacute; et de la r&amp;eacute;conciliation. Les coupables demanderont pardon et r&amp;eacute;pareront les dommages qu&amp;rsquo;ils ont caus&amp;eacute;s.</description>
   <link>http://aristotle.oneonta.edu/41_reconciliation_in_rwanda-stories_of_rescue/archive/339_hadj_bazirake_jumaine.html</link>
      <pubDate>Wed, 09 Jan 2008 14:19:04 -0500</pubDate>   
  </item>
    <item>
   <title>Valentine Umuratwa</title>
   <description>Umuryango wanjye wabaga i Gikondo nari mfite imyaka makumyabiri twari mu kiruhuko. Ndibuka yari ku wa gatatu ndi kumwe na mama na papa nibwo twumvise ko indege y&amp;rsquo;umukuru w&amp;rsquo;igihugu bayirashe nijoro. Ubwo twahise twumva amasasu menshi mu mujyi wa Kigali kandi banavuga ko nta muntu wemerewe gusohoka hanze.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Mushiki wanjye na musaza wanjye bahise basimbuka igipangu baragenda, nasigaranye na mama dufata umwanzuro wo guhungira kuri Kuruwaruje (Croix-Rouge) kugira ngo tuticwa.Tugezeyo batubujije kwinjira, ubwo twaheze hanze kugeza ku wa kane tariki ya 8 mata. Muri icyo gitondo twaje kubona abari bashinzwe umutekano wa perezida bari kumwe n&amp;rsquo;interahamwe. Badutwaye mu matsinda, jye na mama twari mu itsinda ryari kwicwa n&amp;rsquo;interahamwe. Ubwo nyine zadushize ku murongo zitubwira kuryama hasi, mu kuryama hasi mama yambwiye kuryama mbere maze ajya hejuru yanjye kugira ngo ari we bica mbere. Batangiye kurasa banatera na gerenade, mama yahise apfa amara ye arasohoka, ubwonko bujya hanze. &lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Ibyo birangiye, amaraso yaratembaga aho hantu hose, ubwo nari nkikijwe n&amp;rsquo;intumbi. Namaze umwanya ndi mu ntumbi nyuma naje gukambakamba nyura mu ntumbi, ubwo bwari bwije nibwo naje kumva umuntu ambaza ati &amp;ldquo;uracyariho?&amp;rdquo; namushubije ngira nti &amp;ldquo;ndacyariho ariko mama bamwishe&amp;rdquo;. Bahise bambwira ngo tugende, abantwaye bari abahutu; umupasiteri witwaga Bizimungu n&amp;rsquo;umugore we. Narababwiye nti &amp;ldquo;koko dusize intumbi ya mama hano?&amp;rdquo; Baranshubije ngo &amp;ldquo;ngwino tugende kuko abo bapfuye byarangiye ibyabo&amp;rdquo;. Ubwo twahise tugenda hamwe n&amp;rsquo;abandi barokokeye aho batujyana mu rugo rwabo, naje kumenya ko uwo muryango ufite isano n&amp;rsquo;uwahoze ari perezida wa repubulika y&amp;rsquo;u Rwanda jenoside ikirangira.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Ubwo buri gitondo nabonaga umurambo wa mama, nyuma baje kuyitwika icyo nakoze nafashe amashuka ntwikira umurambo wa mama, ndabyibuka yari tariki 15. Ubwo batangiye kuvuga ngo umuhutu bari gusanga ahishe abatutsi bari guhita bamwica. Nanjye ubwo nahise mfata umwanzuro wo guhunga igihe ngeze ku irembo mbona ikamyo yari itwaye abazayirwa iwabo ubwo nahise nyijyamo yanyuraga ku Kacyiru.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Tukigera ku Kacyiru twahasanze bariyeri y&amp;rsquo;interahamwe zaratubwiye ngo twese tuvemo, imwe muri izo nterahamwe twari tuziranye kuko niganaga na mushiki wayo. Ubwo baramubajije impamvu avugana n&amp;rsquo;umututsikazi, yahise ababeshya ababwira ko mama ari we mututsikazi papa akaba ari umuhutu. Uko niko narokotse ntibantwaye mu bo bagiye kwica.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Uwo wamvugiye yarongeye arababwira ati &amp;ldquo;uno mwana nakomeza kugenda wenyine baramwica&amp;rdquo; bahise bamubwira ngo amperekeze, yanjyanye aho bari barindiye abana bato n&amp;rsquo;imiryango yabo. Nabaye aho kuko bagenzi be bari bazi ko ndi umuhutu,&amp;nbsp; Narahagumye iminsi myinshi kugeza igihe ingabo za FPR zafashe Kigali, nyuma naje kumva ko mukuru wanjye yari akiriho i Goma muri Zayire (Kongo y&amp;rsquo;ubu). &amp;nbsp;&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Uko mbona Gacaca : icyiza cyayo ni kimwe ni uko abarengana barekurwa.</description>
   <link>http://aristotle.oneonta.edu/41_reconciliation_in_rwanda-stories_of_rescue/archive/338_valentine_umuratwa.html</link>
      <pubDate>Wed, 09 Jan 2008 14:16:58 -0500</pubDate>   
  </item>
    <item>
   <title>Epimaque Munyeragwe</title>
   <description>Epimaque afite imyaka mirongo ine n&amp;rsquo;itanu kandi agaragara ko agikomeye, yaduhaye ubuhamya na we ku bijyanye n&amp;rsquo;ibyo yakoze mu gihe cya jenoside. Uku ni ko yabivuze.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Mu 1990 nabonaga ibintu birushaho guhinduka cyane cyane kuri jye n&amp;rsquo;umugore wanjye kuko yari umututsikazi. Icyo gihe interahamwe zakomezaga kuza mu rugo iwanjye zishaka kwica umugore wanjye. Nazihaye amafaranga kugira ngo zimureke ariko nyuma haje kuza izindi ku nshuro ya kabiri na zo nazihaye andi ziragenda. Ibyo nabigendeyeho ariko ntibyatinze, baje kumenya ko umugore wanjye ari umututsikazi &lt;br /&gt;Ubwo nyine batangira kuvuga ko nkorana na FPR kubera umugore wanjye ariko siko byari bimeze sinakoranaga na bo, ahubwo abavandimwe b&amp;rsquo;umugore wanjye ni bo bazaga iwanjye gufata ibiribwa nijoro. Nahishe abantu mu nzu, mbonye ko interahamwe ziza kabiri ku munsi, ndabimura kubera ko icyo gihe nari naratangiye kubaka umusarani niho nahishe abantu barindwi. &lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Umugore wanjye yonsaga umwana w&amp;rsquo;amezi abiri, naramusigaranye nkajya mbwira interahamwe ko umugore wanjye yapfuye. Ibyo byaramfashije igihe gito ariko noneho interahamwe zitangira kubaza igituma nteka ibyo kurya byinshi, cyane ko najyaga mbiteka nijoro ariko nababwiye ko ku manywa tutatekaga kubera ko twabaga twihishe.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Data yaje kumbwira ngo nshakishe ubundi buryo bwo guhisha abantu bari mu musarani. Nibwo nahisemo kubwira abana banjye kujya bituma hejuru no ku ruhande rw&amp;rsquo;umusarani kugira ngo batazirirwa bacyeka ko harimo abantu kubera umunuko.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Kwica abantu muri kiliziya byari byaratangiye. Hari umusirikare wari umuhutu yambwiye ko atashoboraga kwica umukobwa w&amp;rsquo;umututsikazi witwaga Mukantabana, byarantunguye kubona umusirikare yaranze kwica uwo mukobwa akamugirira imbabazi. Namuhaye igare ngo amuhungishe, ibyaje kumbabaza cyane ni uko batageze kure, bahuye n&amp;rsquo;interahamwe zaramumwambuye ziramwica, uwo musirikare we baramuhambiriye na we bashakaga kumwica ariko Imana ye haje uwari ubakuriye arababuza ntibamwica. &lt;br /&gt;&lt;br /&gt;&amp;nbsp;&amp;nbsp;&amp;nbsp;&amp;nbsp;&amp;nbsp;&amp;nbsp;&amp;nbsp;&amp;nbsp;&amp;nbsp;&amp;nbsp; &amp;nbsp;&amp;nbsp;&amp;nbsp; &amp;nbsp;Muri iyo minsi haje igitero simusiga iwanjye, bagose urugo kuko bemezaga ko FPR yampaga amafaranga. Nyuma baje kunsaba kubabwira ukuri ku byerekeye abatutsi nari mfite mu nzu yanjye n&amp;rsquo;abandi nahishaga. Icyo gihe nagize intege nke kubera ubwoba, nabashubije ko bose babishe. Barongeye barambaza impamvu hari amafunguro menshi mbabwira ko ari ukwitegura guhunga. Muri icyo gihe nari mfite amaradiyo ane mu nzu yanjye, imwe nayikoreshaga kumva Muhabura, indi nayumviragaho radiyo yakoreshwaga n&amp;rsquo;interahamwe. Naje kumenya ko FPR yari hafi yacu ubwo nakoze ibishoboka kugira ngo abantu nari mpishe mbageze mu gice FPR yagenzuraga kuko bakiraga abantu kugira ngo baticwa n&amp;rsquo;interahamwe.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Naje kumenya ko bashakaga gutwika inzu yanjye ngira ubwoba, icyo nakoze nagiye mu nzu ku buriri ndasenga, haje abasirikare benshi iwanjye n&amp;rsquo;interahamwe twari duturanye nzasabaga ko nazereka aho nahishe abatutsi cyangwa zikandasa. Ubwo umwe yarashe mu kirere, nyuma haje undi arambaza ati &amp;ldquo;si byo pasiteri&amp;rdquo;. Nahise mvugira hejuru nti &amp;ldquo;nibyo nibyo&amp;rdquo;, mbabwira nti ngaho nimushake mu nzu hose kandi nkabumvisha ko umugore wanjye yapfuye, kubera ko hari interahamwe nahaye amafaranga zabwiraga izindi ko nta batutsi nari mpishe.Ubwo izo nterahamwe zarongeye zinsaba andi mafaranga ndazihakanira, ariko nyuma zakomeje kuyanyaka narazihereje ayo nari mfite.&lt;br /&gt;&amp;nbsp;&lt;br /&gt;Hari undi mugabo w&amp;rsquo;umusaza waje iwanjye ansaba ko namuhisha na we namweretse aho yanyura kugira ngo agere ku ngabo za FPR. Ubwo naramuherekeje tugenda twihishe mu bihuru tugera aho ingabo za FPR zari ziri, twamanitse amaboko ziratwakira nsangayo abandi benshi nahishe.&lt;br /&gt;&lt;br /&gt;Ku byerekeye Gacaca, nyuma ya jenoside abakoze ibyaha baragarutse i Nyamata bamwe muri bo bakabeshya kugira ngo batabafunga no kujijisha, byari bigoye kubana na bo. Byari bibaje, bamwe bavugaga ko twafatanyije kwica ariko abasirikare bari banzi nk&amp;rsquo;umuntu warokoye abandi baramvugiye, ndokora izina ryanjye. Benshi bari banzi ntibyabashobotse, ibyo bashakaga kugeraho ntibyabahiriye kuko abaturanyi n&amp;rsquo;abo nakijije baramburaniye. Gacaca ni nk&amp;rsquo;umuti ariko mbere byari bigoye kuyisobanukirwa imbabazi no kuvuga ukuri biraza, bikazatuma ubwiyunge bushoboka. &amp;nbsp;</description>
   <link>http://aristotle.oneonta.edu/41_reconciliation_in_rwanda-stories_of_rescue/archive/337_epimaque_munyeragwe.html</link>
      <pubDate>Wed, 09 Jan 2008 14:14:45 -0500</pubDate>   
  </item>
  </rdf:RDF>

